Partager l'article ! Umuturage ukomoka mu gihugu cy’ubuhinde yasuye ibihugu 194 byo ku isi mu gihe kitageze ku myaka 7: Uyu mugabo w’umucuruzi ukomoka mu gihugu c ...

Uyu mugabo w’umucuruzi ukomoka mu gihugu cy’ubuhinde yazengurutse ibihugu 194 byemerwa n'Umuryango w'abibumbye ONU mu gihe cy’imyaka 6, amezi atandatu
n’iminsi irindwi, akaba yaresheje umuhigo w’igihe ugereranije n’ibihugu yagenze.
Khashi Samaddar, w’imyaka 55, yatangiriye uru ruzinduko mu gihugu cy’Ubuholandi arusoreza I Kosovo. Ni urugendo rwatwaye akayabo k’ama-euro 390.000(mu manyarwanda ubwo ni nka 334.230.000), aho
ubuzima bwe bwabaga buri hagati yo gupfa no gukira mu bihugu bimwe na bimwe. Ati” natangiriye I Amsterdam ndusoreza I Kosovo.
Hagati aho hari aho nahebye ubuzima bwanjye nko mu bihugu byashegeshwe n’intambara nka Afghanistan, Somalia cyangwa Surinam”.
Ngo mu rugendo rwe, Bwana Samaddar yarusimbutse inshuro zitari nke, nka Hotel ye iri i Kaboul yafashwe n’inkongi y’umuriro hashize isaha imwe gusa ayivuyemo. Ngo yanyuze mu bihugu byinshi
byazambijwe n’intambara kandi ngo yamaze iminsi itatu atagira na mba ngo atamire, maze ashyire imbere y’imbavu.
Mu guhamya ibyamubayeho, Khashi Samaddar yavanye muri uru ruzinduko Album y’amafoto ateye ubwoba agaragaza inzira y’umusaraba yanyuzemo, irimo ama-hotel,ama-bar ndetse n’ibiro bimwe na bimwe
yinjiyemo.
| Janvier 2012 | ||||||||||
| L | M | M | J | V | S | D | ||||
| 1 | ||||||||||
| 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | ||||
| 9 | 10 | 11 | 12 | 13 | 14 | 15 | ||||
| 16 | 17 | 18 | 19 | 20 | 21 | 22 | ||||
| 23 | 24 | 25 | 26 | 27 | 28 | 29 | ||||
| 30 | 31 | |||||||||
|
||||||||||
Derniers Commentaires