Umuririmbyikazi Celine Dion, inda yari atwite yavuyemo!
Umuhanzikazi w’icyamamare Céline Dion yagize ibyago byo gukuramo inda (fausse couche) kuri uyu wa gatatu tariki 11.9.2009, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru ‘In Touch’ cyo muri U.S.A.
Mu kwezi kwa munani, nibwo Céline Dion yari yatangaje ko atwite, akaba yari yishimiye kuba yari agiye gukurikiza umuhungu we René-Charles w’imyaka 8. Ibi ariko ngo byagaragaraga nk’ibitoroshye, dore ko muri iyi minsi yari afite akazi kenshi ku buryo no ku mafoto ya vuba yagaragaraga nk’unaniwe.
Twabibutsa ko muri 2001, Céline Dion yagombye guterwa intanga z’umugabo we René Angelil kugira ngo asame inda ya René-Charles. Ku nshuro ya kabiri rero, nabwo bakoresheje ku ntanga bari barabitse zasagutse ku za mbere.
Umugabo we akaba yatangarije ‘Journal de Montréal’ ko bibabaje ati « ariko Céline ntimumuzi, ntazacika intege. »
Uku gukuramo inda rero ni ikibazo gikomeye kuri Céline Dion w’imyaka 41, kuko byagabanya amahirwe ye yo kuzongera gushyira uruhinja ku bibero. Ikindi ni uko ari akababaro gakomeye ku bakunzi benshi agifite na n’ubu.
Mu kwezi kwa munani, nibwo Céline Dion yari yatangaje ko atwite, akaba yari yishimiye kuba yari agiye gukurikiza umuhungu we René-Charles w’imyaka 8. Ibi ariko ngo byagaragaraga nk’ibitoroshye, dore ko muri iyi minsi yari afite akazi kenshi ku buryo no ku mafoto ya vuba yagaragaraga nk’unaniwe.
Twabibutsa ko muri 2001, Céline Dion yagombye guterwa intanga z’umugabo we René Angelil kugira ngo asame inda ya René-Charles. Ku nshuro ya kabiri rero, nabwo bakoresheje ku ntanga bari barabitse zasagutse ku za mbere.
Umugabo we akaba yatangarije ‘Journal de Montréal’ ko bibabaje ati « ariko Céline ntimumuzi, ntazacika intege. »
Uku gukuramo inda rero ni ikibazo gikomeye kuri Céline Dion w’imyaka 41, kuko byagabanya amahirwe ye yo kuzongera gushyira uruhinja ku bibero. Ikindi ni uko ari akababaro gakomeye ku bakunzi benshi agifite na n’ubu.
Publicité