Mikorobe zimaze iki?
Abanyarwanda benshi iyo bumvise mikorobe bumva udukoko duto tutagarara ariko tubi kuko tugira ingaruka mbi ku buzima bw'umuntu, ibimera cyangwa se amatungo.
Ntawarenganya undi kuko akenshi twumva iri jambo ry'irivamahanga (microbe) iyo turi kwa muganga. Nyamara urebye umubare munini wa mikorobe zibaho, hafi 99% ni izifitiye akamaro umuntu ugereranyije n'izigira ingaruka mbi ku muntu.

Mikorobe rero ni utunyabuzima duto cyane nk'uko izina ryabwo ribivuga . Izi mikorobe zigira amoko menshi twavugamo nka amabacterie, virusi, shampinyo(champignons) n'izindi. Ukaba udashobora kutubonesha ijisho keretse ukoresheje microscope. Utu tunyabuzima tukaba dukenera kubaho, kurya, kororoka tugapfa nk'ibindi binyabuzima byose.
Utu tunyabuzima tukaba ari twinshi cyane kandi utwinshi tukaba tugizwe n'akaremangingo kamwe (akaremangingo = cellule = cell) gakora ibikenewe byose nubwo hari izigizwe n'uturemangingo twinshi nk'ibihumyo(champignons).
Tukaba dufite n'ubushobozi bwo kororoka burengeje urugero ku buryo mu masaha make mikorobe imwe ishobora kuvamo amamiliyoni n'amamiliyoni.
Izi mikorobe zikaba zifite ubushobozi bwo kuba ahantu hose hashoboka bitewe n'ubwoko bwa buri kose; ni ukuvuga haba mu kirere, mu mazi, ku butaka hasi y'ubutaka, mu kintu mo imbere ahari umwuka cyangwa udahari ndetse no mu muntu. Niyo mpamvu abantu bashobora kwanduzanya nk'ibicurane kuko tuba turi mu mwuka.

Imwe muri formes za virus
Nubwo abenshi batekereza ko ziriho kugira ngo zitumerere nabi kubera indwara zitera nka korera, amibe, ibicurane ,igituntu, malariya, SIDA,.. gusa zidufitiye n'akamaro gakomeye mu buzima bwo ku isi, twavugamo; nko mu gukora inzoga, gukora imigati , mu bijyanye n'amata nko gukora inshyushyu mo ikivuguto, yaourt, fromage, mu gukora imiti(antibiotics), tutiyibagije nko gusukura ikirere, ndetse hakaba mikorobe zimwe ziturira mu muntu zikamufasha nko mw'gogorwa ry'ibiryo(digestion).
Burya nk'iyo waraye unyuze mu kayira, ugasanga hari nk'uwahasize amazirantoki cyangwa hari nk'ikijangwe ukagaruka nyuma y'iminsi itatu ugasanga harasukuye wibwira ko hari uwagize umwete wo kuhasukura? ahubwo ni utu tunyabuzima tutagaragara tuba twakoze akazi katoroshye ko gushengura(décomposer) uyu mwanda.
Muri make, ijambo mikorobe ntiryari rikwiye kumvikanisha udukoko cyangwa utunyabuzima tugira ingaruka mbi ku buzima bw'umuntu ahubwo ni utunyabuzima tunafitiye abantu akamaro ndetse kuri ubu ikoranabuhanga rigezweho rya Biotechnology rikaba ryifashisha izi mikorobe mu gukora ibintu byinshi mu nganda z'ibinyobwa n'ibiribwa ndetse no mu bushakashatsi bw'imiti n'ubuhinzi- bworozi.