Perezida Barack Obama agomba guha Minisitiri w’Intebe wa Canada bwana Stephen Harper ikesi ya byeri

Publié le par OLIVIER

Barack Obama agomba gutanga ikesi ya byeri akayiha Minisitiri w’Intebe wa Canada bwana Stephen Harper, nyuma yuko Obama yari yarahiriye Stephen Harper ko ikipe ya USA izatsinda iya Canada mu mikino ya Hockey yo ku rubura i Vancouver.

Nyuma yo kujya impaka ko Canada izatsinda USA, Obama yaje kubwira Minisitiri w’Intebe wa Canada ko Canada nitsinda USA Obama amwemereye ikesi ya byeri yitwa Yuengling yengerwa muri Leta ya Pennsylvanie muri USA. Yanze gusuzugurwa, Stephen Harper na we yemereye Obama amacupa 24 y’inzoga yitwa Molson.

Byaje kurangira rero Ikipe ya Canada itsinze iya USA 3 kuri 2, none rero Obama ngo agomba gutanga iyo kese ya byeri yitwa Youngling akayiha Minisitiri w’Intebe wa Canada bitaba ibyo akitwa umunyamanyanga nkuko bitangazwa na AP.
Publicité
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article