U Bwongereza: Imbwa yavukanye ibitsina bibiri none byarangiye ibaye ingore
Mu Bwongereza, imbwa Saira yavutse ifite ibitsina bibiri, kuri ubu ni imbwakazi nyuma yo kubagwa…
Hari hashize igihe gito bimenyekaniye mu mujyi wa Manchester ko imbwa Saira yo mu bwoko bwa Staffordshire bull terrier yavutse ifite ibitsina bibiri, mu minsi ishize iherutse kubagwa kugira ngo isigarane kimwe mu buzima isigaje kuri iyi si.
Ubusanzwe ibi ntibikunze kugaragara aho imbwa ivukana ibitsina bibiri ku buryo n’ibarurishamibare ryerekana ko ari nkaho bitabaho. Umuganga wabaze Saira yavuze ko ari ubwa mbere abibonye mu gihe kigera ku myaka 30 amaze avura.
John Conchie, sebuja w’iyi mbwakazi yatangaje ko atari abizi mu gihe kirenga imyaka ibiri ko kuri we Saira ari imbwakazi. Ibi byamenyekanye ubwo bari bagiye ku muvuzi w’amatungo nk’ibisanzwe, guhitamo igitsina izasigarana byaroroshye kuko n’ubusanzwe Saira yahoze yikundira ibihwerumwe (imbwa z’ingabo).