Bamwe mu bagabo basimbuje agatama igitsina

Publié le par OLIVIER

Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu bwongereza buragaragaza ko abantu bangana na 13% baba bareka gukora imibonano mpuzabitsina bagahitamo kwifatira ku gatama.

Ubushakashatsi bwakozwe n’urubuga ntangazamakuru Limelife, ngo abagabo n’abagore baba babasha kumvikana mu kuzibukira imibonano mpuzabitsina bakayisimbuza ibindi byaba bibafitiye akamaro.
Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bagore bangana na 82% n’abagabo 18% ngo basa n’aho bahuriye ku gisubizo kimwe.

Imibare yaje imbere rero yagaragaje ko abangana na 35% bakunda kuganira ku rukundo, 25% bakaganira ku modoka zigezweho nka BMW mu gihe abangana 9% ngo bikundira shokola kuruta uko bakora imibonano mpuzabitsina.

Igisa n’igitangaje ariko n’ uko nyuma y’ iby’ urukundo n’imodoka yo mu bwoko bwa BMW ngo abangana na 13% bahisemo kwifatira agatama.

Publicité
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article