Goodluck Jonathan yakoresheje facebook mu gutangaza ukwiyamamaza kwe!
Umukuru w'igihugu cya Nigeria ucyuye igihe Goodluck Jonathan, kuri ubu yamaze kwemeza ko aziyamamariza umwanya wa perezida akoresheshe facebook ye. Nyuma y'igihe cyari gishize hategerejwe itangazwa ryo kwiyamamaza k'uyu mugabo, kuri uyu wa gatatu nibwo yatangaje kumugaragaro ko aziyamamaza abinyujije kuri facebook. Uyu munyacyubahiro ufite abakunzi bagera ku 213 884 yanditse kurukuta rwa facebook ati:"Ndashaka gutanga ubufasha bwanjye kubanya nijeriya nitanga nkumukandita mu matora ateganyijwe muri 2011".
Nyuma y'amasaha macye gusa yakurikiyeho abakunzi be barenga 4000 bahise bashyira ubutumwa bugaragaza ibyishimo no kumushyigira kuri iyi nkuru. Ibi bikaba bigaragaza agaciro abanyafurika basigaye baha umurongo wa interneti mukwiza imbere no kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Twababwira ko ubusanzwe nigeriya iri mu bihugu bifite abanyamuryango benshi ba facebook dore ko kuri ubu habarurwa abagera ku 1 066 260 kubaturagera bagera kuri miliyoni 169, ibi bika ari ibiheruka kugaragazwa n'ubushakashatsi bwakozwe mu kwezi kwa gatatu 2010 .