Mu Buhinde telefone ziruta imisarani
Mu gihugu cy’Ubuhinde ubu harabarirwa mu bihugu bya mbere ku isi bikize kuri telefone kuruta uko bukize ku tuzu twa Surwumwe.
Ubwinshi bwa telephone burakabije mu Buhinde
Ubushakashatsi buherutse gukorwa mu mwaka w’2008 bukaza no gushyirwa ahagaragara n’ibwo bwemejeko abahinde miliyoni 563 n’ibihumbi 73 batuze impamagarakure zigendanwa naho abagera kuri miliyoni 366 akaba ari bo bafite aho bituma.
Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bufatanye bw’ishyirahamwe rizobereye mu bushakashatsi ribifashijwemo n’umuryango w’abibumbye ndetse na UNESCO.Ubwo ubwo bushakashatsi bwakorwaga abahinde bari bamaze kugera muri 1 na miliyari 200 muri bo miliyoni 366 gusa akaba aribo bafite aho bituma bivugako nibura abaturage 31% gusa ari bo bafite aho bituma.
Ubu bushakashatsi kandi bwerekanyeko mu Buhinde kugirango wubake umusarani ufatika bigusaba nibura amadolari 300 akaba akabakaba amafaranga 171.000 uyavunje mu ma nyarwanda.
Ubuhinde rero bwegukanye umwanya wa mbere mu gutunga telefone badafite aho bituma.Amahirwebazagira ni uko nta wuzata telefone ye mu musarani kuko nta wo agira.Iyi nkuru tuyikesha urubuga rwa net rwa Zigonet.