Naki Sumo, irushanwa ryo kurira ku bana mu Buyapani
Mu Buyapani haravugwa irushanwa ryo kurira rikorwa n’abana ariko babifashijwemo n’abaje babaherekeje mu irushanwa cyangwa abazanywe no kubariza.
Nkuko bitangazwa na Zigonet, iryo rushanwa rizwi ku izina rya Naki Sumo. Abari mu irushanwa ngo bafata abana bagiye guhangana mu irushanwa ubundi bakagerageza kubariza ku buryo buhambaye kandi ku buryo buri mwana arusha uwo bahanganye kurira dore ko harushanwa babiri babiri ubundi hakaza gusigara umwe.
Uyu rero wagiye ahigika bagenzi be ni we uba yegukanye umudari ubundi agahabwa igihembo cyangwa igikombe kiswe Naki Sumo, ari ryo rushanwa ryo kurira mu Buyapani.
Abahimbye kandi banategura iri rushanwa bakaba batangaza ko ngo rinari mu buryo bwo kwirukana amashitani no gutuma umwana urirangije agira ubuzima bwiza.