USA: Bagiye mu myigaragambyo ku magare bambaye ukuri

Publié le par OLIVIER


Mu mujyi wa Philadelphia mu USA, abantu barenga ijana baherutse gukora urugendo ku magare mu myigaragambyo yo kwamagana abangiza ibidukikije bambaye ukuri izuba riva.

Iryo bara ryabaye kuri iki cyumweru gishize, aho aba bantu baranyuraga mu nzira zitandukanye z’umujyi wose biyambariye umwenda wa Adamu na Eva. Usibye abari baherekeje abandi bari bemereye kwambara twa twenda tw’imbere gusa (sous-vêtements/underwears) n’abandi bari bambaye twa twenda two kogana (maillots de bain) abagenderega ku magare bo bakaba bari bakuyeho utwenda twose. Gusa hakaba harimo bamwe bajijishije bakisiga amabara atandukanye ku mubiri ngo batabamenya.

Uru rugendo rwiswe 'philly naked bike ride' rukaba rwari urwo kwamagana abangiza ikirere n’ibidukikije muri rusange.

Izi ngendo si ubwa mbere zibaye kuko n’umwaka ushize hari urwari rwabereye nanone muri Pennsylvania ndetse hakaba hari n’izindi zigera kuri 70 zimaze kubera mu mijyi itandukanye ku isi guhera mu mwaka wa 2004.

Publicité
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article